Umugore wo muri Colombia uri mu bo Amerika yoherejwe muri DR Congo ‘ari ku gitutu’ cyo gusubizwa iwabo aho yahunze
Umugore wo muri Colombia uri mu itsinda riherutse kwirukanwa na Amerika rikoherezwa muri DR Congo yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko ari ku gitutu cyo ko gusubizwa mu gihugu cye yahunze mu gihe ashobora kugirirwa nabi agezeyo.
Uwo mugore w’imyaka 29 utifuje gutangazwa amazina kubera ko atinya kuba yarebwa nabi n’abategetsi muri Congo na Colombia, ari muri 15 bakomoka muri Colombia, Peru na Ecuador baherutse koherezwa i Kinshasa muri DR Congo.
Uyu avuga ko kuva bagera muri Congo nta yandi mahitamo bahabwa uretse gusubira mu bihugu byabo.
Ubutegetsi bwa Trump bwumvikanye na bimwe mu bihugu bya Afurika birimo Ghana, Eswatini, Sudani y’Epfo, Uganda, u Rwanda na DR Congo ku koherezayo abimukira icyo gihugu kitifuza ku butaka bwacyo.
Uwo mugore yabwiye Reuters ati: “Turi ku gitutu cyo kwemera gusubira mu gihugu cyacu, batitaye ku bibazo tuhafite”.
Yahunze Colombia mu 2024 nyuma yo gushimutwa no gukorerwa iyicarubozo n’inyeshyamba za FARC, no kugirirwa nabi n’umugabo we w’umupolisi mbere yo guhungira muri Amerika, nk’uko biri mu nyandiko ye isaba Amerika ubuhungiro Reuters ivuga ko yabonye.
Umwaka ushize, umucamanza muri Amerika yanzuye ko hari ibyago byo kugirirwa nabi aramutse yoherejwe iwabo muri Colombia, nk’uko Reuters ibivuga.
Kuba Amerika irimo kohereza abantu mu bihugu bitari iwabo byo muriAfurika byamaganwe n’imiryango myinshi iharanira uburenganzira bwa muntu ivuga ko bitarimo ubumuntu kandi bitemewe n’amategeko.
Izindi nkuru wasoma: