Ibiri mu mushinga w'amasezerano y’amahoro yahawe Iran na Amerika – Ibyo tuzi kugeza ubu

Ahavuye isanamu, EPA
Ibiro ntaramakuru Reuters ndetse na Axios byatangaje ko Iran na Amerika byahawe inyandiko y’ibyaba bigize amasezerano yo guhagarika intambara. Hari amakuru amwe kuri yo yasohotse ariko hari na byinshi tutaramenya. Reka turebe uko byifashe:
Ibyo tuzi
- Inyandiko y’umushinga wo guhagarika intambara yahawe Amerika na Iran, nk’uko Reuters ibivuga
- Amakuru avuga ko uwo mushinga ugizwe ugizwe "n’ibyiciro bibiri". Uvugamo guhagarika intambara ako kanya, n’ubundi bwumvikana ku bikurikiraho nyuma. Ibi bishimangirwa na Axios ivuga ko abahuza barimo kuvugana ku gahenge k’iminsi 45.
- Abahuza bo muri Pakistan, Misiri na Turkiya bari muri ibyo biganiro, nk’uko Axios ibivuga. Mu gihe umugaba w’ingabo za Pakistan, Asim Munir, yamaze “ijoro ryose” mu biganiro na Visi perezida JD Vance wa Amerika, nk’uko Reuters
- Umwe mu bategetsi bakuru ba Iran yavuze ko ibyo gufungura Umuhora wa Hormuz bitagomba kuba mu bigize ako gahenge, nk’uko bivugwa na Reuters
- Aya makuru arimo kuvugwa mu gihe Donald Trump yahaye Iran igihe ntarengwa cyo kuwa kabiri (20:00 ET – 02:00 Gitega na Kigali ku wa gatatu) ngo ibe yafunguye uwo muhora
Ibyo tutazi
- Abategetsi ba Iran na Amerika ntacyo baravuga kuri uwo mushinga w’agahenge
- Ibirambuye bivugwa muri ayo masezerano. Urugero, uko zimwe mu ngingo – nk’umuhora wa Hormuz, ibitero, no gutunganya Uranium
- Niba uyu mushinga w’agahenge usubiza ibibazo by’iyananiranye mbere nk’uwari ufite ingingo 15 wahawe Iran mu mpera z’ukwezi gushize
- Icyo aya masezerano avuga ku bihugu byo mu kigobe – byakomeje kugabwaho ibitero muri iyi ntambara
- Niba hari ingengabihe yo kuyubahiriza kuri buri ruhande
Izindi nkuru:








