Iran ivuga ko umukuru w'ubutasi yishwe n'igitero cy'Amerika na Israel, mu gihe Trump yakangishije 'ukuzimu' niba nta masezerano

Umutwe wihariye wo mu ngabo za Irani witwa IRGC wavuze ko Majid Khademi yishwe mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere. Perezida w'Amerika yahaye Irani igihe ntarengwa cyo ku wa kabiri nimugoroba ngo ibe yagiranye amasezerano na we.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana, Gisèle Berwa na Samba Cyuzuzo

  1. Aha ni ho dusoreje amakuru yacu y'ikibiriraho y'uyu munsi. Mwakoze kubana natwe, ni ah'ejo.

  2. Iran ‘yanze gahunda y’agahenge’ mu mushinga w’amahoro yahawe

    Umugabo utwaye ibendera rya Iran imbere y'inzu zashwenywe n'ibisasu i Tehran

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Umugabo utwaye ibendera rya Iran imbere y'inzu zashwenywe n'ibisasu i Tehran

    Ibiro ntaramakuru Irna bya leta ya Iran bimaze gutangaza ko Tehran yatanze igisubizo cyayo ku mugambi wo kugera ku mahoro Amerika na Iran byahawe n’abahuza.

    Irna ivuga ko igisubizo gikubiye mu ngingo 10 zirimo iyo kwanga agahenge ivuga ko igikenewe ari uguhagarika intambara burundu.

    Ibi biro ntaramakuru bivuga ko igisubizo cya Iran kirimo n’ibyifuzo byayo, birimo; “guhagarika imirwano mu karere, ingingo yo kureka amato agatambuka mu mutekano mu muhora wa Hormuz, hamwe no gusana ibyangiritse no kuyivaniraho ibihano”.

    IRNA yongeraho ko kuba Perezida Trump arimo “gukangisha igihe ntarengwa” ari igikorwa gisubiza inyuma kugera ku mahoro bigatuma ibintu birushaho kumera nabi.

    Leta ya Amerika ntacyo iravuga kuri uwo mushinga wo guhagarika intambara ibi bihugu byombi byahawe n’abahoza bava muri Pakistan, Misiri na Turkiya.

  3. Igitero cyo kwica cya Israel cyibeshye cyica umugabo n’umugore we bari mu nzu yabo

    Pierre Mouawad

    Ahavuye isanamu, Social media

    Igitero cy’ingabo za Israel cyari kigamibiriye kwica umwe mu bakuru ba Hezbollah mu majyepfo ya Liban ku cyumweru cyishe utari we, gihitana umukuru mu ishyaka ahubwo rinenga cyane Hezbollah.

    Igisirikare cya Israel cyabwiye BBC ko cyemera icyo gitero cyananiwe kwica uwo cyari kigambiriye kandi “cyicuza ko cyababaje” abasivile.

    Ishyaka Lebanese Forces Party, rigizwe ahanini n’abakristu, ryatangaje ko igitero ku nyubako ya ‘apartment’ cyishe umwe mu barikuriye Pierre Mouawad n’umugore we Flavia.

    Iyo ‘apartment’ iri mu gace ka Ain Saadeh gatuwe cyane cyane n’abakristu mu majyepfo y’umurwa mukuru Beirut.

    Minisiteri y’ubuzima muri Liban yavuze ko icyo gitero cyahitanye umugabo n’abagore babiri.

    Umukuru w’ako gace yatangaje ko abishwe n’icyo gitero bari baherereye ku igorofa yo munsi y’iyari igambiriwe kuri iyo ‘apartment’.

    Igisirikare cya Israel kivuga ko “abantu benshi bitarebaga bakozwe n’icyo gitero barimo kwigwaho”.

    Ishyaka Lebanese Forces Party ryavuze ko Pierre Mouawad “ntiyari umurwanyi, cyangwa umusirikare” kandi ko yari amaze kwizihiza Pasike we n’umuryango we mu rugo rwabo mbere y’icyo gitero.

    Iryo shyaka ryamaganye Hezbollah rivuga ko ibyabaye ari ingaruka y’imirwano irimo kuzana mu bice bituwe n’abaturage basanzwe.

  4. Ibiri mu mushinga w'amasezerano y’amahoro yahawe Iran na Amerika – Ibyo tuzi kugeza ubu

    Gen Asim Munir "yaraye ijoro ryose" avugisha visi perezida wa Amerika

    Ahavuye isanamu, EPA

    Insiguro y'isanamu, Gen Asim Munir "yaraye ijoro ryose" avugisha visi perezida wa Amerika

    Ibiro ntaramakuru Reuters ndetse na Axios byatangaje ko Iran na Amerika byahawe inyandiko y’ibyaba bigize amasezerano yo guhagarika intambara. Hari amakuru amwe kuri yo yasohotse ariko hari na byinshi tutaramenya. Reka turebe uko byifashe:

    Ibyo tuzi

    • Inyandiko y’umushinga wo guhagarika intambara yahawe Amerika na Iran, nk’uko Reuters ibivuga
    • Amakuru avuga ko uwo mushinga ugizwe ugizwe "n’ibyiciro bibiri". Uvugamo guhagarika intambara ako kanya, n’ubundi bwumvikana ku bikurikiraho nyuma. Ibi bishimangirwa na Axios ivuga ko abahuza barimo kuvugana ku gahenge k’iminsi 45.
    • Abahuza bo muri Pakistan, Misiri na Turkiya bari muri ibyo biganiro, nk’uko Axios ibivuga. Mu gihe umugaba w’ingabo za Pakistan, Asim Munir, yamaze “ijoro ryose” mu biganiro na Visi perezida JD Vance wa Amerika, nk’uko Reuters
    • Umwe mu bategetsi bakuru ba Iran yavuze ko ibyo gufungura Umuhora wa Hormuz bitagomba kuba mu bigize ako gahenge, nk’uko bivugwa na Reuters
    • Aya makuru arimo kuvugwa mu gihe Donald Trump yahaye Iran igihe ntarengwa cyo kuwa kabiri (20:00 ET – 02:00 Gitega na Kigali ku wa gatatu) ngo ibe yafunguye uwo muhora

    Ibyo tutazi

    • Abategetsi ba Iran na Amerika ntacyo baravuga kuri uwo mushinga w’agahenge
    • Ibirambuye bivugwa muri ayo masezerano. Urugero, uko zimwe mu ngingo – nk’umuhora wa Hormuz, ibitero, no gutunganya Uranium
    • Niba uyu mushinga w’agahenge usubiza ibibazo by’iyananiranye mbere nk’uwari ufite ingingo 15 wahawe Iran mu mpera z’ukwezi gushize
    • Icyo aya masezerano avuga ku bihugu byo mu kigobe – byakomeje kugabwaho ibitero muri iyi ntambara
    • Niba hari ingengabihe yo kuyubahiriza kuri buri ruhande

    Izindi nkuru:

  5. Iran ivuga ko umukuru w'ubutasi yishwe n'igitero cy'Amerika na Israel, mu gihe Trump yakangishije 'ukuzimu' niba nta masezerano agezweho

    Majid Khademi

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Major General Majid Khademi

    Umutwe wihariye wo mu ngabo za Irani witwa 'Islamic Revolutionary Guard Corps' (IRGC) wavuze mu itangazo ryatangajwe n’ibitangazamakuru byo muri Irani ko umukuru w’ubutasi wawo, Majid Khademi, yishwe.

    Iryo tangazo rivuga ko yishwe mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ndetse ryashinje Amerika na Israel kuba ari byo byamurashe.

    Nyuma, ingabo za Israel (IDF) zatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa Telegram zigamba kumwica, zivuga ko ari “ukundi gushegesha cyane” umutwe w’ingabo wa IRGC.

    Mbere, umunyamakuru wa BBC mu ishami ritangaza amakuru mu rurimi rw’Igi-perse, Ghoncheh Habibiazad, yari yasabye ingabo za Israel kugira icyo zibivugaho, zivuga ko “zisuzuma” ayo makuru.

    Ibi bibaye mu gihe Perezida w’Amerika Donald Trump yari yakangishije "ukuzimu" kuri Irani niba nta masezerano agezweho bitarenze ku wa kabiri nimugoroba (ku isaha yo muri Amerika).

    Khademi yari yasimbuye Mohammad Kazemi, na we wiciwe mu gitero cya Israel cyo ku itariki ya 15 Kamena (6) mu 2025 mu ntambara ya Irani na Israel yamaze iminsi 12.

    Mu kwezi kwa Gashyantare (2) uyu mwaka, nyuma y’imyigaragambyo yiciwemo abantu yo kwamagana leta yabaye muri Mutarama (1), Khademi yari yashinje Perezida Trump kwenyegeza icyo abategetsi ba Irani basobanuye nk’umuvuno w'"ubwicanyi buyoberanyije", ugamije kongera umubare w’abapfuye n’abakomeretse nk’uburyo bwo guha ishingiro ubutumwa bwa gisirikare bw’amahanga muri Irani.

    Muri icyo gihe Khademi yari yavuze ko inzego zirenga 10 z’ubutasi bw’amahanga, zirimo n’itsinda rya Israel ryitwa 'Unit 8200' ry’intambara yo kuri internet n’ubutasi, zagize uruhare muri iyo myigaragambyo yabereye mu bice binyuranye by’igihugu.

    Umuryango w’impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ukorera muri Amerika witwa ‘Human Rights Activists News Agency’, uvuga ko abantu nibura 7,000 biciwe mu guhashya iyo myigaragambyo yabaye muri Mutarama.

    Izindi nkuru wasoma:

  6. Northern Ireland yashyizeho ikiruhuko gihemberwa cy’ibyumweru bibiri ku gukuramo inda

    Umugore uri mu gahinda

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Ireland y’Amajyaruguru yabaye igihugu cya mbere ku isi gitanze ikiruko ‘kirekire’ – ibyumweru bibiri - kandi gihembrwa ku mubyeyi wakuyemo inda.

    Ibindi bihugu bigize Ubwongereza na byo birimo gukereza ku guhindura amategeko yabyo agatanga ikiruhuko kisumbuyeho mu kwifatanya n’umubyeyi wakuyemo inda.

    Impaka ku kiruhuko gihemberwa cy’umubyeyi wakuyemo inda zariyongereye mu myaka ya vuba aha nyuma y’uko amashyirahamwe aharanira uburenganzira bw’abagore ashyize imbaraga mu gusaba ibihugu guhindura amategeko.

    Mu 2021, New Zealand yabaye igihugu cya mbere ku isi cyashyizeho ikiruhuko cy’iminsi itatu gihemberwa ku mugore wakuyemo inda n’uwabyaye umwana upfuye.

    Amategeko yo mu bihugu byinshi bya Afurika no mu karere ntabwo agena iki kiruhuko ku mugore wagize ibi byago, ateganya muri rusange ikiruhuko cy’uburwayi.

    Gukuramo inda no kubyara umwana upfuye bisigira umubyeyi ihungabana rikomeye, n’akato cyangwa kunenwa (stigma), ibyo impirimbanyi zivuga ko bishobora gufata igihe kirekire gukira.

  7. Rwanda: Abapadiri babiri batawe muri yombi kuri Pasika kubera gusomera misa 'ahatemewe'

    Umupadiri

    Ahavuye isanamu, Illustration

    Abapadiri babiri ba Diyosezi Gatolika ya Byumba batawe muri yombi n’inzego z’umutekano zo mu burasirazuba bw’igihugu, kubera gusomera misa ya Pasika “aho bitemewe kuhasomera Misa”, nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru Kinyamateka cy’Inama Nkuru y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda.

    Abo ni Padiri Eric Uwayezu, Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Nyakayaga, na Padiri Didier Nzaramba ukorera ubutumwa muri Paruwasi ya Kiziguro, zombi za Diyosezi ya Byumba, nkuko Kinyamateka yabitangaje.

    Ubutumwa icyo kinyamakuru cyatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X buvuga ko “batawe muri yombi n'inzego z'umutekano bafungirwa kuri Station ya Polisi ya Kabarore bazira gusomera Misa muri Shapeli yo mu rugo rw'Ababikira, ahantu umurenge wa Kabarore uvuga ko bitemewe kuhasomera Misa”.

    Mu bundi butumwa ikinyamakuru Kinyamateka cyatangaje nyuma ku wa mbere ku rubuga X, cyise “Andi makuru ku itabwa muri yombi ry’abapadiri”, cyagize kiti:

    “Padiri Didier NZARAMBA watawe muri yombi yasomeraga Misa kuri G.S. Nyarubuye [ishuri ryisumbuye rya Nyarubuye], iherereye mu Murenge wa Kabarore, Akagari ka Karenge, Akarere ka Gatsibo, muri Paruwasi ya Nyakayaga. Iyi Misa akaba yayisomeraga ku mbuga y'iri shuri riri hafi y'Ababikira b'Inshuti z'Abakene.”

    BBC News Gahuzamiryango ntiyashoboye kugenzura mu buryo bwigenga amakuru y’ahasomerwaga misa. Umupadiri uri mu rwego rw’ubuyobozi bwa Kiliziya Gatolika mu Rwanda yahamirije BBC ko abo bapadiri batawe muri yombi.

    Nta cyo Kiliziya Gatolika y'u Rwanda yatangaje ku mugaragaro ku itabwa muri yombi ry'abo bapadiri.

    Mu 2024 leta y’u Rwanda yafunze by’agateganyo insengero, imisigiti na za kiliziya byose hamwe birenga 9,800, mu nsengero 14,000 zari mu gihugu, ivuga ko izo zitari zujuje ibisabwa birimo amabwiriza y'isuku n'umutekano, arimo no kuba zidafite uburyo bwo kubuza amajwi kugera hanze y'urusengero.

    Kugeza muri Kamena (6) mu 2025, minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yavugaga ko ahasengerwaga hagera kuri 652 hari hamaze gufungwa burundu, ndetse ko icyo gikorwa cyari kigikomeje.

    Bamwe mu banyamadini bagiye binubira ko umuvuduko wa leta mu gufunga insengero ivuga ko zitujuje ibisabwa utajyana n’uwo ikoresha mu kongera gufungura izamaze kuzuza ibisabwa.

    Izindi nkuru wasoma:

  8. Ibinyamakuru muri Iran byavuze ko amato 15 yanyuze mu muhora wa Hormuz mu masaha 24 ashize

    Umuhora wa Hormuz uko ugaragara ku ikarita nibihugu biwukikije

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Ibiro ntaramakuru bya Iran, Fars byatangaje ko amato 15 yanyuze mu muhora wa Hormuz “abyemerewe na Iran” mu gihe cy’amasaha 24 ashize.

    Cyavuze kandi ko urujya n’uruza rw’amato rukiri hasi ku kigero cya 10% ugereranyije n’uko byari bimeze mbere y’uko intambara itangira.

    Bamwe mu bategetsi ba Iran, barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Abbas Araghchi, bakomeje kuvuga ko uwo muyoboro w’ingenzi mu bwikorezi bw’ibicuruzwa bica mumazi udafunze, ahubwo ko ufunzwe gusa ku “bihugu by’abanzi”.

    Urugero, ejo Iran yatangaje ko Iraq itarebwa n’amabwiriza ayo ari yo yose yashyizweho, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’Ikicaro Gikuru cya Khatam al-Anbiya muri Iran.

    Hagati aho, bamwe mu bategetsi bakuru muri Iran bagiye bavuga ko iki gihugu gishobora gutangira kwishyuza inzira amato yose aca muri uyu muhora.

    Mbere yaho, umwe mu bo mu biro bya Perezida wa Iran yavuze ko umuhora wa Hormuz “uzafungurwa bundi bushya” igihe “igice cy’amafaranga azava kuri ayo mato kizakoreshwa mu kwishyura ibyangijwe byose n’intambara.”

  9. Amerika: Urwego rurinda perezida ruri gukora iperereza ku masasu yumvikaniye hafi ya White House

    Igice cyo hanze cy’inyubako ya White House i Washington DC, muri Amerika, kiraboneka gifotorewe mu mfuruka yo hasi kiri hagati y’ibiti.

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Urwego rw’Amerika rucunga umutekano wa perezida n’abandi bategetsi bo hejuru n’abahoze ari abategetsi bo hejuru – rwitwa US Secret Service – rurimo gukora iperereza ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye mu masaha ya kare yo ku cyumweru hafi y’ibiro bya perezida, bizwi nka White House.

    Abashinzwe umutekano b’urwo rwego bageze ahumvikaniye amasasu mu gace gakikije Pariki ya Lafayette i Washington DC nyuma gato ya saa sita z’ijoro, ndetse bakora ibikorwa byo gusaka muri iyo pariki, iri mu majyaruguru y’urugo rwa perezida, hamwe no mu gace kahakikije, nkuko urwo rwego rwabivuze.

    Urwo rwego rwatangaje ko nta muntu ucyekwa wabonywe ndetse ko nta bantu batangajwe ko bakomeretse. Urwo rwego n’abafatanyabikorwa barwo barimo gushaka imodoka ishobora kuba icyekwa hamwe n’umuntu bashaka kumenya ibye.

    Perezida w’Amerika Donald Trump yari ari i Washington DC mu mpera y’icyumweru gishize. Urwo rwego rwavuze ko ibikorwa byarwo bikiri ibisanzwe ariko ko hashyizweho “uburyo bw’umutekano ukajije”.

    Anthony Guglielmi, umuvugizi wa Secret Service, yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X ko iperereza ryafunze imihanda imwe n’imwe yo muri ako gace, ariko ubu yongeye gufungurwa.

    Uhagarariye Secret Service yahamirije BBC ku cyumweru nimugoroba ko “iperereza rirakomeje”.

    Perezida yagumye aho mu murwa mukuru w’Amerika mu mpera y’icyumweru gishize, aho kujya n’indege mu rugo rwe rw’i Mar-a-Lago, muri leta ya Florida, aho akenshi ubundi akunze kuba ari mu mpera y’icyumweru.

    Izindi nkuru wasoma:

  10. Pepsi yikuye mu gutera inkunga iserukiramuco ryo mu Bwongereza kubera Kanye West

    Ifoto ya Kanye West yambaye Umupira w’umukara n’amadarubindi y’izuba

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Uruganda Pepsi rwatangaje ko rwikuye mu baterankunga bakuru ba Wireless Festival izabera i London muri iyi mpeshyi, nyuma y’amakuru avuga ko Kanye West azariririmbamo nk’umuhanzi mukuru mu minsi itatu y’icyo gikorwa.

    Uwo muraperi wo muri Amerika, ubu uzwi ku izina rya Ye, yanenzwe kubera amagambo y'urwango ku Bayahudi yavuze mu myaka yashize, ayo yasabiye imbabazi mu kwezi kwa Mutarama (1).

    Mbere yaho, Minisitiri w’Intebe w'Ubwongereza Sir Keir Starmer yari yavuze ko biteye impungenge cyane kuba West ari we uzaba ayoboye Wireless Festival.

    Mu magambo yabanje gutangazwa na The Sun on Sunday, Sir Keir yavuze ko West yatoranyijwe “nubwo yari yaravuze amagambo arwanya Abayahudi kandi agashyigikira Nazi.”

    Minisitiri w’Intebe yagize ati: “Kurwanya Abayahudi mu buryo ubwo ari bwo bwose ni ikintu kigayitse kandi kigomba kwamaganwa nta kudohoka aho kigaragariye hose.

    "Buri wese afite inshingano zo gutuma u Bwongereza buba ahantu Abayahudi bumva batekanye."

    West, w'imyaka 48, yatangajwe muri iki cyumweru nk’umuhanzi mukuru mu minsi yose uko ari itatu y’iserukiramuco rya rap na R&B rizabera mu majyaruguru ya London muri Nyakanga.

    Izindi nkuru wasoma :

  11. Iran yaburiye ko izihorera mu buryo 'bushwanyaguza cyane kurushaho' niba ibigo bya gisivile byayo birashweho

    Ibisasu bibiri biri mu kirere ari nijoro, hejuru y'inyubako ndende.

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Ibisasu bya misile bya Iran byasamiwe hejuru y'umujyi wa Tel Aviv, muri Israel

    Irani yaburiye ko hazabaho kwihorera mu buryo “bushwanyaguza cyane kurushaho” niba Amerika na Israel bigabye ibitero ku bikorwa bya gisivile byayo, nkuko byatangajwe n’igitangazamakuru cya leta ya Irani.

    Itangazo ry’umuvugizi w’ibiro bikuru by’ingabo za Irani – bizwi nka Khatam al-Anbiya Central Headquarters – rigira riti: “Niba ibitero byongeye kugabwa ku bikorwa bya gisivile, ibyiciro bikurikiyeho by’igitero cyacu n’ibikorwa [operations] byacu byo kwihorera bizaba bishwanyaguza cyane kurushaho kandi bigere ahantu henshi.”

    Iryo tangazo ryatangajwe n’igitangazamakuru IRIB cya leta ya Irani.

    Ibi bibaye nyuma yuko Perezida w’Amerika Donald Trump akangishije kugaba ibitero ku ngomero z’amashanyarazi za Irani no ku mateme y’icyo gihugu, niba Irani itubahirije igihe ntarengwa cyo ku wa kabiri cyo kuba yamaze kongera gufungura umuhora wa Hormuz.

    Izindi nkuru wasoma:

  12. Tshisekedi yahembye buri mukinnyi inzu n'imodoka ku bwo gutsindira itike y'igikombe cy'isi

    Perezid Félix Tshisekedi ahagaze arimo kuvugira mu ndangururamajwi, akikijwe n'abakinnyi b'ikipe y'igihugu n'umutoza wabo.

    Ahavuye isanamu, Présidence RDC/X

    Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yahembye buri mukinnyi w’ikipe y'igihugu y'umupira w'amaguru, nyuma yo gutsindira itike yo gukina imikino y’igikombe cy’isi cy’uyu mwaka, itsinze Jamaica igitego 1-0.

    Amafoto yatangajwe n’ibiro bya perezida wa DRC agaragaza Perezida Tshisekedi yakira abakinnyi b’ikipe y’igihugu Les Léopards ejo ku cyumweru mu murwa mukuru Kinshasa, ubwo bari bageze mu gihugu.

    Itangazo rivuga ko mu rwego rwo gushimira iyi kipe, yahaye buri mukinnyi inzu n’imodoka, kubera gusubiza DRC mu gikombe cy’isi yaherukagamo mu 1974.

    Radio na televiziyo y’igihugu yatangaje videwo igaragaza imodoka z’umukara n'umweru zo mu bwoko bwa Jeep 4x4 zahembwe abo bakinnyi.

    DRC iri mu itsinda K ihuriyemo na Portugal, Uzbekistan na Colombia.

    Umukino wayo wa mbere izawukina na Portugal, ku itariki ya 17 Kamena (6) uyu mwaka, mu mikino y’igikombe cy’isi izabera muri Mexique, Canada n’Amerika.

    Izindi nkuru wasoma:

  13. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu muhanga mu buryo bw'aka kanya.