Yanze 'gutereta' k'umurwanyi wa MMA amukubita ingumi ihindura ubuzima bwe burundu

Igihe co gusoma: iminota 4

Umugore ukora ibijyanye n'ubwiza yavuze uburyo ingumi imwe yakubiswe n'umurwanyi wo mu mikino njyarugamba izwi nka MMA (Mixed Martial Arts) mu ijoro bari hanze yahinduye ubuzima bwe burundu.

Anne Marie Boyle yituye hasi araraba nyuma y'uko Sean McInnes amuterese akanga ubwo bari mu kabari (club) muri Nzeri(9) mu 2024.

Uyu mubyeyi w'abana babiri, uvuga ko yagize "amahirwe kuba akiriho", yavunitse igufa ry'ijisho n'igufa ryo ku itama.

Gusa avuga ko uko gukubitwa kwamusigiye n'igikomere ku bwonko no kugagara (seizures) kugenda kugaruka bituma atakaza 'business' ye, ubushobozi bwo gutwara imodoka ndetse no kwigirira icyizere.

Iyi nkuru irimo amashusho y'ibikomere yabangamira bamwe.

McInnes – warwanye mu marushanwa azwi ya MMA – yakatiwe gufungwa amezi 21 muri uku kwezi.

Anne Marie, wari ufite business ijyanye no gufasha abantu ibijyanye no kunoza ubwiza, yari kumwe na babyara be mu kabari mu mujyi wa East Kilbride muri Ecosse/Scotland, ubwo ibyo byabaga.

Yabwiye BBC Scotland News ko ari akabari ubusanzwe atajyagamo, ariko ko hari igitaramo byari byabaye ngombwa ko bajyayo kureba.

Uyu mugore w'imyaka 38 avuga uburyo iryo joro ryahindutse icyago cy'ubuzima bwe bwose ahazaza.

Ati: "Umukobwa wanjye yari gukina football ku munsi ukurikiyeho, rero nari nzi ko ntagomba kunywa kuko nagombaga gutwara cyane iryo joro.

"Uwo muhungu yakomeje kwegera ameza. Ntiyemeye kwakita hoya nk'igisubizo. Yanze rwose kutureka".

Anne Marie avuga ko atari yarigeze ahura n'uyu musore mbere.

Yongeraho ati: "Ubu iyo nsubiye inyuma nibwo nibuka ibimenyetso bikomeye byari bihari – nko kurenga imbibi.

"Umuntu yarambajije ngo 'uribaza ko atigeze yumva hoya?

"Yari yumvise hoya – ariko si cyo gisubizo yashakaga".

Akabari gafunze, Anne Marie n'inshuti ze barahagurutse ngo batahe.

Avuga ko yabwiye McInnes ngo "Rwose, fata indi nzira."

Ariko ngo yakomeje kubaburabuza.

Anne Marie ati: "Amagambo mabi, gutera hejuru, kudutuka, no kutwisumbukuruzaho, nibyo yakomeje."

Ibyo ntibyarangiye.

Yavuze ko McInnes – warwanye mu irushanwa rizwi nka Lion Fight 68 – yasunitse bikomeye umwe muri babyara be nawe w'umugore "kugeza atatse cyane".

Nyuma y'amasegonda macye yakubise ingumi Anne Marie mu maso.

Ati: "Naguye hasi nta ubwenge.

"Ako kanya yakubise ingumi undi muhungu nawe aragwa ata ubwenge."

Icyo batari bazi kugeza ubwo ni uko McInnes ari umurwanyi ubitozwa kandi ukina imikino y'imirwano ya MMA.

Anne Marie ati: "Sinigeze na rimwe numva uburibwe bumeze gutyo.

"Nibaza ko yari azi neza neza aho ankubita".

Isura ye n'amenyo byarababaye cyane.

Yongeraho ati: "Ndibuka umupolisi aza akambaza ati 'umeze neza?

"Uwo mupolisi yaravuze ngo ndimo ndava amaraso kuva inyuma ku mutwe."

Anne Marie yamaze ibyumweru bitatu mu bitaro basanga iyo ngumi yamuteye Functional Neurological Disorder (FND).

Avuga ko iyo ndwara ituma ubwonko bugira butya bugahagarika kohereza amakuru(signals) ku mubiri, ibihita bitera kugagara(seizures).

Ubu kandi agira ikibazo cyo gususumira kwa hato na hato hamwe n'uburibwe buhoraho.

Aka kaga kose kagize ingaruka zikomeye ku buzima bwe.

Kudashobora gukora, byatumye 'business' ye ihomba anamburwa uburenganzira bwo gutwara imodoka kuko amagara ye atakibimwemerera.

Ati: "Ubuzima bwanjye bwarahindutse burundu.

"Sinshobora kwijyana hanze. Nagize ihungabana ribi ku buryo ubu mba ntazi icyo abantu bagamije".

Avuga ko ibibazo byo mu mutwe agira rimwe na rimwe biba bikomeye kurusha ibyo ku mubiri.

Anne Marie avuga kandi ko kujya mu rubanza akongera kubona McInnes mu maso nabyo byari ikintu "igiteye ubwoba cyane".

McInnes yavuze ko arengana kugeza ku munsi wo guca urubanza ubwo amaherezo yemeraga ko yasagariye uyu mugore.

Anne Marie yababajwe n'uko uyu murwanyi atahawe igihano kirekire kurushaho.

Ati: "Azasohoka asange umuryango we n'abana be. Azatwara imodoka, asubire ku kazi ke.

"Naho njye singishoboye gukora kuko nshobora kugagara umwanya uwo ari wo wose".

Ubu, yifuza gukora ubukangurambaga by'ibyago abantu nka McInnes bateye mu kugerageza guhindura isi ahantu hatekanye ku bagore n'abakobwa nk'abana be babiri.

Anne Marie ati: "Mfite abana babiri bankeneye kandi mfite abantu benshi bankunda iruhande rwanjye.

"Urwo rukundo ni rwo rwatumye mbasha guca muri ibi.

"Ndimo kuvuga iyi nkuru kuko ntifuza ko ibi byaba ku wundi muntu udafite abamwitaho gutya, ushobora kuba adakomeye, adafite izo mbaraga".