Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

IKIBIRIRAHO, Netanyahu avuga ko atashyira 'ingengabihe' ku gihe intambara izarangirira mu gihe Irani ivuga ko yashenye indege y'Amerika

Netanyahu avuga ko intambara "rwose yarenze muri kimwe cya kabiri", mu gihe Minisitiri w'ububanyi n'amahanga wa Irani yatangaje ifoto avuga ko yerekana indege ya gisirikare y'Amerika yashenywe na Irani.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Gisèle Berwa, Didier Bikorimana na Samba Cyuzuzo

  1. Espagne yafunze ikirere cyayo ku ndege z'Amerika ziri mu ntambara yo muri Iran

    Minisitiri w’ingabo wa Espagne Margarita Robles yavuze ko icyo gihugu cyafunze ikirere cyacyo ku ndege z’Amerika zirimo kugaba ibitero kuri Iran.

    Yagize ati: “Ntituzemera ikoreshwa rya Morón na Rota [ibigo bya gisirikare] ku bikorwa ibyo ari byo byose bijyanye n’intambara muri Irani.”

    Yongeyeho ko Espagne “ibi yabisobanuriye neza leta y’Amerika guhera mu ntangiriro”.

    Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Espagne José Manuel Albares yavuze ko intego y’iki cyemezo ari “ukudakora ikintu na kimwe gishobora gutuma ibintu bifata indi ntera muri iyi ntambara”.

    Umutegetsi wo mu biro bya perezida w’Amerika – byitwa White House – yabwiye BBC ko ingabo z’Amerika zirimo “kugera cyangwa kurenga ku ntego zazo zose zo muri ‘Operation Epic Fury’ [izina Amerika yahaye iyi ntambara kuri Iran, risobanuye ‘uburakari burenze’] ndetse ntizicyeneye ubufasha bwa Espagne cyangwa ubw’undi muntu uwo ari we wese”.

    Mbere, Perezida w’Amerika Donald Trump yakangishije gukomanyiriza Espagne burundu mu bucuruzi kubera kwamagana intambara yo muri Irani kwayo.

    Kuva intambara itangiye mu mpera ya Gashyantare (2) uyu mwaka, Minisitiri w’intebe wa Espagne Pedro Sánchez yakomeje kuba umwe mu bamagana cyane ibitero by’Amerika na Israel kuri Iran, avuga ko “nta cyo byitayeho” kandi ko “binyuranyije n’amategeko”.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. "Nditeguye cyane" - Céline Dion yatangaje ko agiye kugaruka ku rubyiniro

    Nyuma y’imyaka ine arwaye indwara idakira yagize ingaruka ku ijwi rye ryo kuririmba no ku bushobozi bwo kugenda, Celine Dion yatangaje ko agarutse.

    Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo z’amarangamutima akomeye nka My Heart Will Go On na Because You Loved Me, azataramira abantu mu bitaramo 10 bizakurikirana muri Paris La Défense Arena ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 40,000, mu kwezi kwa Nzeri(9) n'Ukwakira (10) uyu mwaka.

    Yatangaje ko agiye kugaruka ubwo yizihizaga isabukuru y’imyaka 58.

    Mu butumwa yashyize kuri Instagram, Dion yavuze ko kugaruka kwe ari “impano nziza kurusha izindi mu buzima bwanjye”.

    Yabwiye abafana be ati: “Nditeguye cyane, ndumva meze neza, mfite imbaraga, ndishimye cyane, nubwo nanone mfitemo ubwoba buke ariko ndi no kwita ku buzima bwanjye.”

    Yongeyeho ati: “Ariko hari ikintu cy’ingenzi ngomba kubabwira: mu myaka ishize yose, buri munsi wahitaga numvaga amasengesho n’inkunga byanyu, ubugwaneza n’urukundo mwanyeretse. Ndabashimira mwese. Sinjye uzabona nongeye kubabona.”

    Mu 2022 Celine Dion bamusanzemo indwara idasanzwe yibasira ubwonko izwi nka Stiff Person Syndrome (SPS), indwara y’ubwonko ituma imikaya (muscles) igagara bya hato na hato.

    Mu 2024 yatangaje ko agarutse mu bitaramo kuko yumvaga ameze neza mbere y'uko iyo ndwara yongera kumushyira hasi akaremba.

    Celine yaherukaga ku rubyiniro muri leta ya New Jersey muri Amerika ku wa 8 Werurwe(3) mu 2020.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Donald Trump arifuza guhagarika intambara nubwo umuhora wa Hormuz waba ugifunze

    Ikinyamakuru The Wall Street Journal kiratangaza ko Donald Trump yabwiye abamufasha ko yifuza guhagarika ibitero kuri Iran, nubwo umuhora wa Hormuz waba ugifunze.

    Gisubiramo bamwe mu bagize ubutegetsi bwe, icyo kinyamakuru kivuga ko perezida wa Amerika hamwe n’abamufasha basanze gufungura iyo nzira y’ingenzi yo mu nyanja byatuma intambara irenga igihe yari yihaye cy’ibyumweru bine kugeza kuri bitandatu.

    Ahubwo, ko ubu arimo kureka uko bahagarika imirwano imaze kwangiriza cyane ingabo za Iran zirwanira mu mazi n’ububiko bwayo bw’ibisasu bya misile, maze akazakomeza gushyira igitutu kuri Iran mu buryo bwa dipolomasi kugira ngo ifungure iriya nzira y’ubucuruzi bwo mu nyanja.

    BBC ibajije ibiro bya White House kuvuga kuri ibi bayohereje ku byatangajwe n'ushinzwe ububanyi n'amahanga Marco Rubio kuri Al Jazeera.

    Aho, Rubio yavuze ko umuhora wa Hormuz "uzafungurwa mu buryo bumwe cyangwa ubundi".

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Iran yemeje gahunda yo kwishyuza guca mu muhora wa Hormuz

    Komite y’Inteko Ishinga Amategeko ya Iran yameje imigambi yo kwishyiza amato aca mu muhora wa Hormuz, nk’uko bivugwa n’ibiro ntaramakuru Fars News bifitanye isano n’umutwe w’ingabo wa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC).

    Bivuga ko umwe mu bagize inama y’igihugu y’umutekano yemeje iyemezwa ry’uwo mugambi, urimo kandi kwangira amato ya Amerika na Israel guca muri uwo muhora.

    Ibi biro ntaramakuru bivuga ko muri iyo migambi, ibindi bihugu byashyize mu bikorwa ibihano byafatiwe Iran na byo amato yabyo atazemererwa gutambuka.

    Ibiro ntaramakuru AFP bivuga ko gahunda yo kwishyuza guca mu muhora wa Hormuz yatangajwe kuri televiziyo y’igihugu, ko izashyirwa mu bikorwa ku bufatanye na Oman.

    Ibitoro bigera kuri 20% bigurishwa ku isi bica mu muhora wa Hormuz uri hagati ya Iran na Oman.

    Kuva iyi ntambara yatangira iyi nzira irafunze kugera kuri 95% nk’uko bivugwa n’ikigo cy’ubutasi mu byo mu nyanja Kpler.

    Pete Hegseth, minisitiri w’ingabo wa Amerika yatangaje ko “mu nzira imwe cyangwa iyindi” umuhora wa Hormuz ugomba gufungurwa.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Netanyahu avuga ko atashyira 'ingengabihe' ku gihe intambara izarangirira mu gihe Iran ivuga ko yashenye indege y'Amerika

    Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yabwiye igitangazamakuru Newsmax cyo muri Amerika ko adashaka “gushyira ingengabihe” ku gihe intambara y’Amerika-Israel na Irani ishobora kurangirira.

    Netanyahu avuga ko intambara “rwose yarenze muri kimwe cya kabiri” ndetse avuga ko Repubulika ya Kisilamu ya Irani amaherezo “izahirimira imbere”, nkuko ibiro ntaramakuru AFP bibitangaza.

    Hagati aho, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Irani Abbas Araghchi yabwiye Arabie Saoudite ko “igihe kirageze cyo gusohora ingabo z’Amerika”.

    Mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Araghchi avuga ko Irani “yubaha” Arabie Saoudite ndetse ko iyifata nk'"igihugu cy’ikivandimwe".

    Avuga ko ibikorwa bya gisirikare bya Irani bigambiriye “abashotoranyi b’abanzi batubaha Abarabu cyangwa Abanya-Irani”.

    Ayo magambo ya Araghchi yari aherekejwe n’ifoto uko bigaragara yerekana indege yasenyutse ifite ibirango by’igisirikare cy’Amerika kirwanira mu kirere. Yanditse ati: “Murebe gusa ibyo twakoreye ubuyobozi bwabo bwo mu kirere.”

    Ubuyobozi bukuru bw’ingabo z’Amerika nta cyo buratangaza ku mugaragaro ku byabaye. BBC yari yabusabye kugira icyo bubivugaho.

    Izindi nkuru wasoma:

  6. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu muhanga mu buryo bw'aka kanya.