Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Sudan: Gufata abagore ku ngufu byahindutse igice cy'"ubuzima bwa buri munsi" - MSF
- Umwanditsi, Barbara Plett Usher
- Igikorwa, Africa correspondent
- Igihe co gusoma: iminota 4
Gufata ku ngufu n'ihohoterwa rishingiye ku gitsina bikomeje kuba "igice cy'ubuzima bwa buri munsi" mu bice bya Sudan nubwo intambara yaba yarimukiye ahandi, nk'uko raporo nshya y'umuryango w'ubuvuzi Médecins Sans Frontières ibivuga.
Iyo raporo ivuga ko gufata ku ngufu ari "ikimenyetso nyamukuru" cy'iyo ntambara, ikagaragaza ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorwa ahanini n'abagabo bitwaje intwaro kandi rikunze kujyana n'ubugome n'ibikorwa byo gutesha agaciro abo ribakorerwa.
Ariko kandi, Médecins Sans Frontières ivuga ko gufata ku ngufu bikomeje kuba igice "gihishe ariko gihoraho" cy'ubuzima bw'abaturage bo mu karere ka Darfur, nubwo ako gace katakirimo mu mirwano.
Iyi raporo itanga amakuru arambuye kurusha izindi zose ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryabaye mu ntambara imaze hafi imyaka itatu muri Sudan.
Kuburira: Iyi nkuru irimo amagambo avuga ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina ashobora guhungabanya uyasoma
Ishingiye ku buhamya bw'abantu 3,396 bahohotewe, bashatse ubuvuzi mu bigo bifashwa na Médecins Sans Frontières mu ntara z'amajyaruguru ya Darfur n'amajyepfo ya Darfur hagati y'ukwezi kwa mbere 2024 n'ukwa 11 mu 2025.
Impande zombi zihanganye muri iyo ntambara - ingabo za Sudan n'umutwe witwara gisirikare wa Rapid Support Forces - zombi zishinjwa gukora ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Ariko Darfur ni ibirindiro bikomeye bya Rapid Support Forces, kandi benshi mu bakoze ibyo byaha bavuzwe n'abarokotse ni abarwanyi b'uwo mutwe.
Byinshi mu bikorwa bivugwa muri iyo raporo byabereye mu majyaruguru ya Darfur umwaka ushize, nyuma y'uko Rapid Support Forces ifashe inkambi z'abimuwe mu nkambi ya Zamzam ndetse n'iya Abu Shouk, ndetse n'umujyi wa El Fasher mu kwezi kwa 10.
Médecins Sans Frontières ivuga ko ibi ari "imwe mu ngero ziteye ubwoba kurusha izindi, zagaragaje ubugome budatekerezwa."
MSF ivuga ko abarenga 90% by'abakorewe ubwo bugome bari mu nzira bahunga bava muri ibyo bice berekeza ahantu hatekanye mu mujyi wa Tawila.
Ibyo bikorwa bibi akenshi byarimo abagabo benshi gufataga ku ngufu umuntu umwe, bikajyana n'ubundi bugome bukabije no gutera ubwoba nko gukubitwa cyangwa kwicirwa abo mu muryango.
Umwe mu bagore wavuzwe muri raporo yagize ati: "Batujyanye ahantu ku gasozi,
"Umugabo wa mbere yansambanyije incuro ebyiri, uwa kabiri rimwe, uwa gatatu kane, uwa kane rimwe."
Yakomeje agira ati: "Uretse kudufata ku ngufu, banadukubise inkoni kandi bashyira imbunda ku mutwe wanjye.
"Undi mukobwa wari ufite imyaka 15… yafashwe ku ngufu n'abagabo batatu. Twafashwe ku ngufu ijoro ryose."
Undi warokotse yavuze ko: "Abagore babiri bari mu itsinda ryacu bafashwe ku ngufu n'abarwanyi ba Rapid Support Forces turi kureba.
"Byakozwe n'abagabo bane cyangwa batanu icyarimwe. Umwe muri bo yari afite imyaka 22 kandi yapfiriye aho."
Raporo ishimangira amakuru menshi avuga ko ibyo bitero byari bifite ishingiro ry'ivangura rishingiye ku moko, ivuga ko abaturage batari Abarabu nk'abo mu moko ya Zaghawa, Massalit na Fur "bibasiwe ku buryo bwateguwe" muri ayo mahano.
Abakuriye Rapid Support Forces bemeye ko habaye "amakosa yakozwe n'abantu ku giti cyabo" mu gihe bafataga umujyi wa El Fasher, ariko bavuga ko ayo makosa ari gukorwaho iperereza kandi ko uburemere bw'ibyabaye bwakabirijwe.
Gukomeza kwibasira abantu hashingiwe ku moko bifite inkomoko mu mateka maremare y'intambara yo muri Darfur, kandi ko gufata ku ngufu bikoreshwa nk'intwaro y'igihe kirekire muri aya makimbirane nk'uko iyo raporo ibivuga.
Ivuga ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina ritahagaze nubwo imirwano yaba yimukiye ahandi, ko rikomeje guterwa n'aho hantu huzuyemo intwaro nyinshi no kuba ubusumbane hagati y'abagabo n'abagore bwarashinze imizi, ibintu byatumye abakora ayo mahano bumva ko batazabihanirwa.
Ni muri urwo rwego, MSF ivuga ko gufata ku ngufu byahindutse igice cy'ubuzima bwa buri munsi mu majyepfo ya Darfur, na kure y'ahabera imirwano ubu.
Nk'uko raporo ibivuga, abarenga 1,300 mu barokotse ibi bikorwa, bingana na 56% by'abashatse ubufasha ku mavuriro ya MSF muri iyo ntara, bafashwe ku ngufu igihe bagiye mu mirimo nko gutashya inkwi cyangwa kuvoma amazi, guhinga cyangwa kujya ku masambu yabo.
Umugore w'imyaka 40 wavuzwe muri raporo yagize ati: "Buri munsi, iyo abantu bagiye ku isoko, havugwa bane cyangwa batanu bafashwe ku ngufu.
"Iyo tugiye mu murima, ibi biraba. Abagabo bitwikira mu maso, bagafata abagore ku ngufu…Nta buryo bwo guhagarika ibi. Uburyo bwonyine ni ukugerageza kuguma mu rugo."
Undi mugore uri mu myaka 20 yasobanuye ati: "Twari batatu – harimo na masenge."
"Dutwarwa n'abasirikare batatu. Batujyana ahantu hatandukanye. Twese... mukuru wanjye, bamufashe ku ngufu ubu aratwite... birambabaza cyane.
"Numva ububabare... Ibi biba ku bakobwa buri munsi – buri munsi, mugace kacu. Bahora bafata abakobwa ku ngufu."
Mu majyepfo ya Darfur, 68% by'abahohotewe bavuze ko babikorewe n'abagabo bitwaje intwaro, nubwo banavuze abandi babikoze harimo abasivili, imitwe y'abagizi ba nabi ndetse n'abo bari basanzwe babana mu buryo bwihariye.
Umwe muri batanu mu barokotse ihohoterwa rishingiye ku gitsina muri iyi ntara yari munsi y'imyaka 18, kandi 41 muri bo bari bafite munsi y'imyaka itanu.
MSF ivuga ko imibare yayo igaragaza agace gato cyane k'ubugome nyakuri buri kuba, kubera inzitizi zikomeye zibangamira abashaka ubuvuzi, zirimo umutekano muke ukomeje, kwimurwa kw'abaturage, ipfunwe rikomeye no kubura serivisi zifasha kurinda abahohotewe.
Uyu muryango wita ku buvuzi uvuga ko gahunda z'ubutabazi zananiwe guhaza ibikenewe n'abarokotse, kandi usaba ko habaho kubazwa inshingano no gufata ingamba zihutirwa.