Iran irimo gutegura “amakarita mashya ku rugamba” mu gihe agahenge karangira mu minsi ibiri

Ahavuye isanamu, Tasnim
Perezida Donald Trump yatangaje ko “bisa n’ibidashoboka” ko agahenge k’ibyumweru bibiri hagati ya Iran na Amerika kazongerwa mu gihe umukuru w’inteko ishingamategeko ya Iran na we yaburiye ko bamaze igihe bategura “amakarita mashya” yo gukoresha ku rugamba.
Impande zombi zavuze ibi mu gihe ubu hari icyizere gicye ko ibiganiro biteganyijwe hagati ya Iran na Amerika i Islamabad muri Pakistan biza kubaho.
Ibiro bya perezida wa Amerika byemeje ko intumwa zikuriwe na Visi Perezida JD Vance zerekeza muri Pakistan muri ibyo biganiro, nubwo batavuze igihe.
Naho ibiro ntaramakuru bya leta ya Iran byatangaje ko “kugeza ubu, nta ntumwa zavuye muri Iran zijya i Islamabad”.
Basubiramo kandi Mohammad Bagher Ghalibaf ukuriye inteko ishinga amategeko ya Iran, ari na we wari ukuriye abagiye mu biganiro mbere, avuga ko Tehran itazemera ibiganiro “bishingiye ku bikangisho”.
Hagati aho, Major General Abdullahi umwe mu bagaba bakuru b’umutwe w’ingabo wa IRGC yatangaje ko ingabo za Amerika na Israel “zihebye kandi zinaniwe” ko ariyo mpamvu Trump “ashaka cyane agahenge”.
Abdullahi yavuze ko ingabo za Iran zitazemera “kubeshya no kuyobya kwa perezida wa Amerika” bigamije “guhimba amakuru atari yo y’uko ibintu byifashe ku rubuga” rw’intambara “cyane cyane ku kibazo cy’umuhora wa Hormuz”, nk’uko asubirwamo n’ibiro ntaramakuru Fars bifitanye isano na IRGC.
Izindi nkuru wasoma:








