Umugabo yishe abana be barindwi hamwe n’undi mwana utari uwo mu muryango we, mu irasa rikomeye ryabereye mu mujyi wa Shreveport, muri leta ya Louisiana - imwe mu zigize Amerika, mu cyo polisi yasobanuye ko ari "ihungabanya ry'umutekano wo mu rugo".
Nkuko CBS, ikorana na BBC muri Amerika, ibitangaza, abo bana bari bafite imyaka iri hagati y’umwaka umwe na 14.
Abapolisi bavuze ko iraswa ryatangiye ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo ku cyumweru, ku isaha yaho.
Ukekwaho icyaha yarashe abantu 10 mbere yo guhunga, nk’uko Chris Bordelon, umuvugizi wa polisi ikorera i Shreveport, yabitangaje. Polisi yahise imukurikirana iramwica.
Abagore babiri, barimo nyina w’abo bana, bari mu bitaro bararembye cyane.
Ukekwaho icyaha yamenyekanye ko ari Shamar Elkins, nkuko Leigh Anne Evensky, umuyobozi ushinzwe itumanaho mu biro by'umukuru w'akarere ka Shreveport, yabibwiye BBC.
Ukekwaho icyaha yarashe umugore mu muhanda mbere yo kujya mu rugo ruri hafi aho, aho yishe abo bana umunani, “umwe muri bo utari uwo mu muryango we”.
Polisi yavuze ko umwe mu bishwe yari yirutse ajya mu rugo ruri hafi aho maze ahamagara abategetsi. Polisi yavuze ko uwo mugabo witwaje imbunda yakoze ibi wenyine. Bordelon yavuze ko umwana wa cyenda yasimbutse ava ku gisenge cy’inzu, ubu akaba ari mu bitaro.
Mu ijambo yavuze ku cyumweru, umuyobozi w’umujyi wa Shreveport, Tom Arceneaux, yagize ati: “Ibi ni ibintu bibabaje - wenda bya mbere bibabaje cyane twigeze tugira i Shreveport.
"Dufite imiryango ibabaye, dufite abapolisi bababaye, n’abakozi b’ibiro by’abapima imirambo bababaye.
"Ibi byagize ingaruka ku muryango mugari wose, bityo twese twifatanyije n’iyi miryango mu kababaro.”
Iri ni ryo raswa rya mbere ryiciwemo abantu benshi muri Amerika kuva muri Mutarama (1) mu 2024, ubwo abantu umunani bicirwaga mu mujyi wa Joliet, muri leta ya Illinois, nkuko bivugwa na Gun Violence Archive (GVA), umuryango udaharanira inyungu ukurikirana ihohoterwa rikoresheje imbunda muri Amerika.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku cyumweru, Bordelon yavuze ko abapfuye ari abana ndetse ko abapolisi basanze iki kibazo gifitanye isano n'amakimbirane "yo mu rugo".
Nyuma y’iryo raswa, ukekwaho icyaha yambuye umuntu imodoka ku ngufu agerageza guhunga, gusa abapolisi bamukurikiranye bamugeraho ageze kuri Paruwasi ya Bossier, maze baramurasa, ubu akaba yapfuye.