Umujinya mu Buhinde nyuma ya video y'abagore bambaye ubusa bashorewe bakubitwa n'imbaga mu muhanda

Ahavuye isanamu, AFP
Video yerekana abagore bambaye ubusa bashorewe nâikivunge cyâabantu mu muhanda muri leta ya Manipur yo mu majyaruguru ashyira uburasirazuba yateje uburakari muri iki gihugu.
Polisi iravuga ko yatangiye ikirego ku gufata abagore ku ngufu mu kivunge kandi hari umugabo wafunzwe, yongeraho ko nâabandi bari bufatwe vuba.
Minisitiri wâintebe Narendra Modi yavuze ko ibi âbikojeje isoni Ubuhindeâ kandi ânta wabikoze utazabibazwaâ.
Hashize amezi abiri hatangiye ibikorwa byâubugizi bwa nabi muri leta ya Manipur, Narendra Modi yari ataragira icyo abivugaho.
Yagize ati: âNdizeza igihugu ko, amategeko azakurikizwa mu bubasha bwayo bwose. Ibyabaye ku bakobwa ba Maninpur ntibishobora kubabarirwaâ.
Urukiko rwâIkirenga narwo rwatangaje impungenge zarwo kuri iki gikorwa. Umukuru warwo DY Chandrachud yavuze ko urukiko ârwababajwe cyane nâaya mashushoâ asaba leta kugira icyo ikora.
Polisi ivuga ko urugomo kuri aba bagore rwakozwe tariki 4 Gicurasi (5) ariko rwavuzwe mu binyamakuru none kuwa kane nyuma yâuko video ibyemerekana ikwiriye ku mbuga nkoranyambaga.
Leta yâUbuhinde yasabye imbuga nkoranyambaga zose gusiba iyo video ku mbuga zayo.

Ahavuye isanamu, Getty Images
Nibura abantu 130 barapfuye abandi 60,000 bava mu byaba kubera urugomo rushingiye ku moko rwatangiye hagati yâaba-Meitei nâaba-Kuki muri Gicurasi i Manipur.
Leta ya Manipur ni akarere kâimisozi mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwâUbuhinde gahana imbibi nâigihugu cya Myanmar. Kakunze kwibasirwa nâimyivumbagatanyo, imitwe yitwaje intwaro, nâubushyamirane bushingiye ku moko mu myaka za mirongo ishize. Hari igihe muri iyi leta habarwaga imitwe 30 yâinyeshyamba.
Iyi video iteye ubwoba yâabo bagore babiri yakwiriye ku mbuga nkoranyambaga kuwa gatatu. Iberekana bakururwa kandi bakubitwa nâikivunge cyâabagabo baberekeza mu mbuga.
Umwe mu bakuriye ubwoko yavuze mu itangazo ko ibi byabereye mu karere ka Kangpokpi bikorewe abagore bo mu bwoko bwâaba-Kuki.
Bivugwa ko aba bagore baje gusambanywa ku ngufu nâabagabo benshi.

'Ibi ntibikwiye kubaho mu Buhinde bwa none'
Geeta Pandey, BBC News, Delhi
Birazwi neza ko imibiri yâabagore kenshi ihindurwa aho kurwanira mu gihe cyâimyivumbagatanyo nâubushyamirane, kandi gufatwa ku ngufu bigahindurwa intwaro yâubugome yo kubahana.
Ibi byakorewe umugore nâumukobwa we bâaba-Kuki, bambuwe ubusa bagashorerwa bakubitwa bacunaguzwa nâikivunge cyâabagabo i Manipur, ni urugero rwa vuba rwâibi.
Aya mashusho yerekana aba bagore barira, baboroga mu kababaro kandi basaba imbabazi aba bagizi ba nabi ngo babagirire impuhwe ateye agahinda kuyareba.
Kuba hari uwa mbere wafashwe nabyo bikozwe nyuma yâumujinya wabonetse ku bintu byabaye mu minsi 78 ishize bikabwirwa polisi mu mezi arenga abiri ashize ntibiha isura nziza ubutegetsi â cyane cyane kuko benshi mu bagabo baboneka muri aya mashusho byoroshye kubamenya.
Gusa umujinya wa benshi mu Buhinde wakurikiye iyi video imaze kuboneka watumye aya mabi ajya kumugaragaro. Byazamuye kandi ibibazo ku butegetsi bwananiwe gufasha abahohotewe â amaherezo bisunikira Modi kugira icyo avuga.
Kugira ngo bagarure icyizere ku bantu muri leta ya Manipur yibasiwe nâurugomo, cyane cyane kuri ba nyamucye bâaba-Kuki, abategetsi ubu bagomba guhita bakora bakurikirana abahohoteye bariya bagore. Ibi ntibikwiye kubaho mu Buhinde bwa none.

Uriya mukuru wâubwoko yavuze ko âgusambanya ku ngufu mu kivunge bariya bagore byabaye nyuma yâuko umudugudu utwitswe nâabagabo babiri umwe wâimyaka yo hagati nâundi utaragira imyaka 20 â bakubiswe nâikivunge bagapfaâ
Ibyakorewe bariya bagore byavuzweho bikomeye nâabanyapolitike hose mu Buhinde.
Smriti Irani, minisitiri ushinzwe ubwoko bwa ba nyamucye yavuze ko ibyabaye ari âamabi akabije yakozwe na muntuâ.
Benshi mu batavuga rumwe nâubutegetsi nabo bamaganye ishyaka riri ku butegetsi ko ridakora ibikwiye mu guhagarika urugomo muri iriya leta.
Priyanka Gandhi Vadhra ukuriye rimwe mu mashyaka yagize ati: âAmashusho yâibyakorewe abagore bâi Manipur ashenguye umutimaâ.
Naho minisitiri mukuru wâumujyi wa Delhi yagize ati: âIgikorwa nkâiki cyâurwango ntabwo kigomba kwihanganirwa muri sosiyete yâUbuhinde.â













