Ubuyapani: Abasirikare batatu bapfuye ubwo igisasu cyaturikiraga imbere mu gifaru bari mu myitozo

Ahavuye isanamu, Reuters
Abasirikare batatu b’Ubuyapani bapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri ubwo bari mu myitozo yo kurashisha igifaru mu kigo kiri mu ntara ya Oita mu majyepfo y’igihugu, nk’uko byatanjwe na Minisitiri w’intebe w’iki gihugu.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga Takaichi Sanae yavuze ko muri iyo myitozo yo kurashisha ibifaru bya Type 10 “igisasu bivugwa ko cyaturikiye imbere mu mbunda” kitarasohoka.
Uko guturika kwabereye imbere mu gifaru kwatumye “mu bantu bane bari bakirimo, batatu bapfa undi umwe arakomereka” nk’uko Minisitiri w’intebe Sane abivuga. Yongeraho ko hakirimo gukorwa iperereza.
Ibinyamakuru mu Buyapani bivuga ko abapfuye ari abagabo batatu bari mu myaka 20 na 40 naho umugore umwe uri mu myaka 20 agakomereka.
Muri Kanama(8) ishize, abasirikare babiri bo mu ngabo zirwanira ku butaka barapfuye bishwe n’inkuba ubwo bari mu myitozo muri kiriya kigo nk’uko bivugwa n’ibinyamakuru byo mu Buyapani.
Izindi nkuru wasoma:


