IKIBIRIRAHO, Trump avuga ko Amerika izava muri Iran mu 'byumweru bibiri cyangwa bitatu' twaba 'twageze ku masezerano cyangwa tutayagezeho'

Trump avuze ibi mu gihe Perezida wa Irani yavuze ko igihugu cye gifite "ubushake bwa ngombwa" bwo kurangiza intambara niba abanzi bayo bizeje ko batazongera kuyitera.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana na Gisèle Berwa

  1. Israel yagabye ibitero bishya kuri Tehran, Iran na yo irasa misile kuri Israel mu kwihimura

    Imodoka y’ubutabazi aho ababikomerekeyemo bari bari

    Ahavuye isanamu, Magen David Adom

    Ingabo za Israel (IDF) zavuze ko zagabye byinshi byo mu kirere mu ijoro ryacyeye ku murwa mukuru Tehran wa Iran.

    IDF ivuga ko yari igamije ahantu h’ibikorwa-remezo bifitanye isano n’ubutegetsi bwa Iran.

    Iran ntiyahise itangaza niba hari abapfuye cyangwa abakomeretse muri ibyo bitero, cyangwa niba hari ibyangiritse.

    Nyuma yaho, Iran yasubije yohereza misile eshatu kuri Israel, izohereza mu bihe bitandukanye.

    Abantu 14, barimo umukobwa w’imyaka 11 n’umuhungu w’imyaka 13, ni bo bakomereketse mu gitero Iran yagabye mu nkengero z'umujyi wa Tel Aviv.

    Mu makuru mashya ku byerekeye ibikomere byatewe n’icyo gitero, serivisi y'ubutabazi bwihuse ya Israel yitwa Magen David Adom, ivuga ko uwo mukobwa yakomerekejwe n’ibice by’amasasu kandi ko yajyanwe mu bitaro biri hafi aho.

    Iyo serivisi ivuga ko nta bandi bantu bakomerekejwe n’ibi bitero bya Iran.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. 'Umuhora wa Hormuz rwose uzafungurwa ariko si wowe uzafungurirwa' – Depite wa Iran abwira Trump

    Ifoto igaragaza umuhora wa Hormuz aho uherereye

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Umukuru w'akanama (komite) k'umutekano w'igihugu mu nteko ishingamategeko ya Irani, Ebrahim Azizi, yakoresheje konti ye yo ku rubuga nkoranyambaga rwa X kugira ngo yohereze ubutumwa kuri Perezida w'Amerika Donald Trump, amubwira ati: “Umuhora wa Hormuz rwose uzongera gufungurwa, ariko si wowe uzafungurirwa; uzafungurwa ku bazubahiriza amategeko mashya ya Iran.”

    Azizi yavuze ko “imyaka 47 y’urugwiro [ubugwaneza] irarangiye burundu,” aho yakomozaga ku gihe gishize impinduramatwara yo muri Iran ibaye mu 1979.

    Mu buryo bwo kuninura, yongeyeho ati: “Trump yashyize agera ku nzozi ze zo ‘guhindura ubutegetsi’ — ariko mu rwego rw’ubutegetsi bw’ubwikorezi bwo mu mazi magari y’akarere!”

    Akanama k'umutekano w'igihugu ka Irani kemeje gahunda yo guca amafaranga y’inzira ku bwato bunyura mu muhora wa Hormuz, nkuko byatangajwe ku wa mbere n'ibiro ntaramakuru Fars bya leta mu burwo bw'igice.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Uruzinduko muri Amerika rw'Umwami w'Ubwongereza ruraba muri uku kwezi kwa kane, nubwo atazahura n'umuhungu we Harry

    Ifoto igaragaza Perezida Trump aganira arebana mu maso n’umwami w’Ubwongereza Charles.

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Perezida Trump (iburyo) yavuze ku mubano mwiza afitanye n'Umwami w'Ubwongereza Charles (ibumoso)

    Umwami Charles n’Umwamikazi Camilla bazahura na Perezida w'Amerika Donald Trump mu mpera y’uku kwezi kwa kane, mu ruzinduko rwa leta muri Amerika rwemejwe n'ingoro y'ubwami bw'Ubwongereza, Buckingham Palace.

    Ariko BBC yumva ko mu gihe azaba ari muri urwo ruzinduko, Umwami atazahura n’umuhungu we uba muri Amerika, Igikomangoma Harry.

    Uru ruzinduko muri Amerika rwari rumaze igihe rutegerejwe, ariko inzinduko nk'izi zikorwa mu izina rya leta y’Ubwongereza kandi uko bigaragara itangazo rya leta ryari ritegereje ko habanza kugabanuka ubushyamirane muri politiki bujyanye n’intambara yo muri Iran.

    Amakuru arambuye ya gahunda y'uru rugendo muri Amerika ntaratangazwa, ariko ruzabamo gusura i Washington DC, rukazaba ari rwo ruzinduko rwa mbere rwa leta rw’Ubwongereza rubaye muri Amerika nyuma y'uruzinduko rw’Umwamikazi Elizabeth II rwo mu mwaka wa 2007.

    Kandi mu gihe cyo gutaha avuye muri Amerika, Umwami azanasura Bermuda, ubutaka bwitegeka bw'Ubwongereza buri mu nyanja ya Atlantika.

    Nubwo itangazo rya Buckingham Palace ryavuze gusa uruzinduko ruzaba mu “mpera y’ukwezu kwa kane”, Perezida w'Amerika Donald Trump yanditse ku mbuga nkoranyambaga ko uruzinduko muri Amerika ruzaba kuva ku itariki ya 27 kugeza ku ya 30 z’ukwa kane, harimo n'"Ifunguro Ryiza rya Nimugoroba rizabera muri White House [ibiro bya Perezida w'Amerika] ku mugoroba wo ku itariki ya 28 y’ukwezi kwa kane".

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Ubushinwa bwongereye umuhate mu gutuma haba agahenge mu ntambara muri Iran

    Perezida w’Ubushinwa Xi Jiping

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Ubushinwa na Pakistan byashyize ahagaragara gahunda igizwe n’ingingo eshanu igamije kugerageza kurangiza intambara muri Iran, gahunda irimo n'agahenge k'ako kanya no kongera gufungura umuhora wa Hormuz.

    Iyi gahunda yateguwe nyuma y’uko minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Pakistan agiye i Beijing gusaba ubufasha bw’Ubushinwa mu bikorwa byo gushaka kurangiza intambara biciye mu biganiro.

    Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubushinwa yatangaje ko ibyo bihugu byombi birimo kugira “umuhate mushya wo guharanira amahoro”.

    Kugeza ubu, igisubizo cy’Ubushinwa ku ntambara iri kuba muri Iran kiracyari gito. Ubushinwa bufite ububiko bw’ibikomoka kuri peteroli kandi ntiburagerwaho cyane n’ibura ryabyo ugereranyije n’ibindi bihugu byinshi byo muri Aziya.

    Ariko hari impungenge ko igice cy’inganda zikomeye z’Ubushinwa, gifatwa nk'inkingi ya mwamba ku nganda z’isi, gishobora kuzahara mu gihe kirekire niba aya makuba akomeje.

    Intambara iri muri Iran ibangamira ikintu Perezida Xi Jinping yifuza cyane – “ituze”. Ubushinwa bukenera ubukungu bw’isi buhamye kugira ngo bukomeze gukura (kwiyongera) no kohereza ibicuruzwa hanze.

    Nyuma y’ukwezi kumwe intambara itangiye, no kuba ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bikomeje kuzamuka, leta y’Ubushinwa iri kongera umuhate mu gushishikariza ihagarikwa ry’imirwano.

    Ubushinwa bwagerageje mbere kuba umuhuza w’amahoro mu Burasirazuba bwo Hagati, nubwo butabigezeho by'igihe kirambye. Mu 2023, bwagize uruhare mu masezerano hagati ya Arabia Saoudite na Iran yatumye ibihugu byombi byongera kugirana umubano. Mu mwaka wakurikiyeho, mu 2024, bwakiriye abategetsi b’imitwe 14 y’Abanyapalestine, bituma hashyirwaho leta y’ubumwe bw’igihugu.

    Kugeza ubu hari ibimenyetso bicye byuko hari umuntu n'umwe urimo kwitabira iyo gahunda, ariko gusunika iyi gahunda bituma Perezida Xi ashobora kwiyerekana nk’umuhuza utabogamye ushaka amahoro – ndetse bikongera kumushyira mu mwanya utandukanye n'uw'umutegetsi w’ikindi gihugu gikomeye cyane ku isi.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Minisitiri Rubio ati 'Dushobora kubona umurongo wo kurangiza'

    Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'Amerika Marco Rubio arimo kureba muri 'camera' akikijwe n'abandi bantu. Yambaye ikositimu na karuvati.

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Minisitiri Rubio yananenze umuryango wa OTAN avuga ko Amerika ishobora kongera gusuzuma imikoranire yayo na wo

    Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika Marco Rubio avuga ko Amerika irimo guhanahana ubutumwa na Irani ndetse ko iherezo ry’intambara ryegereje.

    Yabwiye umunyamakuru Sean Hannity wa televiziyo Fox News yo muri Amerika ati: “Hari ibiganiro birimo kuba.”

    “Birashoboka ko mu gihe runaka habaho inama itaziguye. Buri gihe ibyo tuzaba tubyiteguye.”

    Ariko yongeyeho ko Perezida w'Amerika Donald Trump atazemera ko “ibiganiro by’urwiyerurutso bikoreshwa nk’amayeri yo gutinza, yo kugira ngo igihe kindi kibe gishira”.

    Nubwo Minisitiri Rubio avuga ko adashaka kuvuga igihe intambara izarangirira, muri icyo kiganiro yabwiye umunyamakuru Hannity ati: “Dushobora kubona umurongo wo kurangiza.”

    Rubio yananenze umuryango wo gutabarana w’Uburayi n’Amerika (OTAN/NATO), avuga ko Amerika ishobora kongera gusuzuma niba uwo muryango “wakoreye iki gihugu [Amerika] neza mu gihe runaka ugikora iyo nshingano”.

    Izindi nkuru wasoma:

  6. Trump avuga ko Amerika izava muri Iran mu 'byumweru bibiri cyangwa bitatu' twaba 'twageze ku masezerano cyangwa tutayagezeho'

    Perezida w'Amerika Donald Trump yicaye mu ntebe y'umusego arimo kuvuga areba muri 'camera'.

    Ahavuye isanamu, EPA

    Perezida Donald Trump avuga ko Amerika “izava” muri Irani mu “byumweru bibiri cyangwa bitatu” igihe izaba izi neza ko ubutegetsi bwa Irani buzamara “imyaka” budashobora gukora igisasu kirimbuzi cya nikleyeri.

    Mu kiganiro n’abanyamakuru mu cyumba cyitwa Oval Office cyo mu biro bye White House, Trump yavuze ko Irani irimo “kwingingira kugera ku masezerano” ariko ko niba ibyo bizabaho cyangwa bitazabaho “nta cyo bivuze” ku ngengabihe y’Amerika. Mbere, Irani yahakanye "kwinginga" Amerika ngo bagirane amasezerano.

    Yavuze ko Amerika “izava [muri Irani] vuba aha cyane” kandi ko igikorwa cy’ingabo z’Amerika muri Irani gishobora kurangira mu “byumweru bibiri cyangwa bitatu”.

    Mbere yaho, Perezida wa Irani Masoud Pezeshkian yavuze ko igihugu cye gifite “ubushake bwa ngombwa [bucyenewe]” bwo kurangiza intambara, ko icyangombwa gusa ari uko abanzi bayo bizeza ko intambara itazongera kubura.

    Trump yavuze ko Amerika yageze ku ntego yari yihaye mbere yuko ibitero byo mu kirere kuri Irani bitangira mu mpera y’ukwezi kwa Gashyantare (2) uyu mwaka, ifatanyije na Israel. Avuga ko intego nkuru yo kugabanya ubushobozi bwa Irani bwo kugira intwaro kirimbuzi ya nikleyeri yagezweho ndetse ko ubu Amerika “irimo kurangiza umurimo”.

    Muri icyo kiganiro kandi, Trump yavuze ko ubu Amerika yiganje mu kirere cya Irani ndetse ko yatumye habaho ihinduka ry’ubutegetsi nyuma y’iyicwa ry’abategetsi bo hejuru muri politike no mu gisirikare.

    Avuga ko abategetsi bashya bariho i Tehran ari “abahezanguni gacye cyane” ndetse “bashyira mu gaciro kurushaho” agereranyije n’abababanjirije.

    Trump yongeyeho ko intambara ishobora kurangira nta masezerano agezweho hagati y’impande zombi.

    Avuga ku kwiyongera kw’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli kwatewe n’intambara, Perezida w’Amerika yavuze ko bizagabanuka ako kanya Amerika nirangiza ibikorwa bya gisirikare byayo.

    Izindi nkuru wasoma:

  7. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu muhanga mu buryo bw'aka kanya.