Isesengura: Isubukurwa ry'ibitero by'aba-Houthi rizaba ikibazo kuri Israel

Ahavuye isanamu, Reuters
- Umwanditsi, Isesengura rya Paul Adams
- Igikorwa, Umunyamakuru wa BBC kuri dipolomasi
- Igihe co gusoma: iminota 2
Ibitero bya misile by'umutwe w'aba-Houthi wo muri Yemen kuri Israel, byatangiye hagati mu kwezi kw'Ukwakira (10) mu 2023, nyuma yuko intambara yo muri Gaza itangiye, byangije ibintu bicye cyane. Ibyo bitero byabaga rimwe na rimwe ndetse nyinshi muri misile zarasamwe.
Ariko muri Nyakanga (7) mu 2024, Umunya-Israel w'umusivile yarishwe ubwo indege nto y'intambara itajyamo umupilote (drone) y'aba-Houthi yakwepaga ubwirinzi bw'ikirere bwa Israel, igakubita ku nyubako yo kubamo yo mu mujyi wa Tel Aviv.
Uku gusubukurwa kw'ibitero kuzateza ikibazo cy'inyongera kuri Israel, ariko gushobora kutaba imbogamizi ikomeye.
Ariko niba aba-Houthi bafashe icyemezo cyo gutangira kugaba ibitero ku mato yo mu Nyanja Itukura, ingaruka zishobora gukomera cyane.
Ubu Arabie Saoudite irimo gucisha ahandi utugunguru miliyoni enye tw'ibikomoka kuri peteroli tunyura mu ruhombo rugera i Yanbu, ku nkombe y'Inyanja Itukura ku ruhande rw'icyo gihugu, mu rwego rwo kwirinda kunyura mu muhora wa Hormuz.
Nuko ibicuruzwa bijya ku isoko ry'Aziya bikajyanwa mu bwato bigana mu majyepfo, binyuze kuri Yemen.
Kuva mu Gushyingo (11) mu 2023 kugeza mu ntangiriro y'umwaka wa 2025, aba-Houthi bagabye ibitero hafi 200 ku mato yo mu Nyanja Itukura, bangiza amato arenga 30 ndetse bashimuta nibura ubwato bumwe.
Ingendo zinyura mu muhora wa Bab al-Mandab (ku mpera y'amajyepfo y'Inyanja Itukura) n'Ubunigo bwa Suez (ku mpera y'amajyaruguru) zagabanutse ku kigero cya 50% - kitari kinini cyane ugereranyije n'ingaruka zatewe no kuba Irani urebye yarafunze umuhora wa Hormuz, ariko ni ha handi byarangije cyane.
Niba ibyo byongeye kuba, ifungwa rikorewe icyarimwe ry'inzira ebyizi z'ingenzi cyane zo mu mazi magari rishobora kwangiza byinshi cyane.










