'Munyenyezi yishe umubikira tumuta mu cyobo' – Uwatanze amakuru mu rukiko

- Umwanditsi, Yves Bucyana
- Igikorwa, BBC Gahuzamiryango i Nyanza
- Igihe co gusoma: iminota 3
Mu rubanza rw'ubujurire rwa Béatrice Munyenyezi rukomeje mu rugereko rw'urukiko rukuru rukorera i Nyanza mu majyepfo y'u Rwanda, umwe mu bafungiye icyaha cya jenoside yabwiye urukiko ko Munyenyezi yishe umubikira amurashe, Interahamwe zimuta mu cyobo cyajugunywagamo Abatutsi bishwe.
Mu kwezi kwa kane umwaka ushize, Munyenyezi yakatiwe igifungo cya burundu ahamijwe ibyaha bya jenoside no gusambanisha abagore n'abakobwa, ibyaha we ahakana.
Mu rubanza kuri uyu wa kabiri, urukiko rwumvise abagabo babiri bakatiwe gufungwa burundu kubera ibyaha bya jenoside, bakaba bafungiye muri gereza ya Huye.
Abo bagabo bafashwe nk'abatangamakuru kuko itegeko ritabemerera kwitwa abatangabuhamya.
Uwitwa Munyaneza Jean Damascène uzwi nka Saddam yabwiye urukiko ko Munyenyezi yabahaye amabwiriza yo gushinga bariyeri ahitwa ku Mukoni imbere y'urugo rw'uwari Perezida mu gihe cya jenoside, Théodore Sindikubwabo.
Avuga ko nyuma y'iminsi ibiri iyo bariyeri ishyizweho bahafatiye umubikira akajyanwa kwicirwa kuri Hotel Ihuriro, nyuma yo gusambanywa ku gahato n'Interahamwe, barangije bamuta mu cyobo cyajugunywagamo Abatutsi bamaze kwicwa. Avuga ko ari Munyenyezi wamwishe amurashe.
Munyaneza alias Saddam yabwiye urukiko ko kuva kuri bariyeri uwo mubikira yahavanywe n'imodoka yo mu bwoko bwa VW (izwi nka Kombe) yari irimo Nyiramasuhuko Paulina, ari we nyirabukwe wa Munyenyezi, ndetse na Munyenyezi ubwe.
Yavuze kandi ko yari kumwe na Munyenyezi ubwo bafatiraga Abatutsi basaga 180 kuri bariyeri yo ku Mukoni bakajya kubicira ahantu hatandukanye.
Undi watanze amakuru, uwitwa Nshimiyimana Jean Damascène, na we wemeza ko yari aziranye na Munyenyezi, yavuze ko uwo mubikira yishwe ku munsi iyo bariyeri yashingiweho, nyuma y'amasaha macye abahagarariye amashyaka ya politike bavuye mu nama kwa Perezida Sindikubwabo.
We yavuze ko uwo mubikira yafatiwe aho kuri bariyeri akajyanwa mu modoka ya 'camionnette pick up', avuga ko yarimo abari mu mutwe w'Interahamwe barimo Munyaneza 'Saddam' ndetse na Munyenyezi.
Yabwiye urukiko ko kuri bariyeri atigeze abona Béatrice Munyenyezi afite imbunda, avuga ko yari afite agakoni k'icyuma, ati: "Uretse grenade yahaye Interahamwe."
Bombi bahaswe ibibazo n'impande ziburana muri uru rubanza ndetse n'urukiko, mu kugerageza kumva neza ibyabaye n'ibyo biboneye Munyenyezi yaba yarakoze cyangwa yaragizemo uruhare.
Uretse iby'abamushinja, Munyenyezi uyu munsi yongeye gutakambira urukiko avuga ko akorerwa ihohoterwa muri gereza afungiyemo ya Mageragere i Kigali, ashinja umuyobozi wayo kuba ku isonga y'ibyo yise ibihano yashyiriweho ngo ku mpamvu yabwiwe ko ari "imyitwarire mibi".
Mu bihano yavuze yashyiriweho, harimo kudasurwa no kutavugana n'umuryango we mu gihe cy'amezi abiri, ati: "Bingiraho ingaruka zo kubura icyo kurya no kutishyura abanyunganira."
Urukiko rwavuze ko rugiye kubikurikirana.









