Umuhanzi uyobora itsinda rya punk utabona neza agiye kwitabira isiganwa rya London Marathon agamije gukusanya inkunga yo gufasha umuryango wo mu Bwongereza uharanira gufasha abafite ubumuga bwo kutabona.
Phil Harrison w’imyaka 69, utuye i Paignton muri Devon, aziruka iri siganwa ari kumwe n’umuyobora mu kwiruka kwe, Dr Julia Tysoe. Harrison yavuze ko yatakaje ubushobozi bwo kubona mu jisho rye ry’ibumoso bitewe n’imvune yagize akiri ingimbi mu marushanwa ‘umukino wa “rounders” wari ukomeye.
Nyuma yaho, yaje no gutakaza ubushobozi bwo kubona mu jisho rye ry’iburyo nyuma yo gusangwamo kanseri afite imyaka 60.
Yagize ati: “Numva meze neza, nakoze imyitozo ihagije. Numva ari amahirwe akomeye kuba ndi mu kintu cyiza kandi gitanga icyizere, ndetse ndabyiteguye cyane.”
Harrison yagereranyije uko abona ibintu n’igikoresho cya kaleidoscope, avuga ko “bimeze nko kureba mu ndorerwamo imenetsemo uduce twinshi.”
Yavuze ko mbere yirukaga wenyine, ariko yaje kugenda agwa kenshi ubwo ubumuga bwe bwo kutabona bwari bumaze gukomera cyane.
Yagize ati: “Byangizeho ingaruka ku cyizere nigiriraga.”
Nyuma yaje kuvugana n’umuntu umuyobora mu kwiruka, amufasha kongera kwiyizera.
Harrison arimo gukusanya inkunga igenewe umuryango wo mu Bwongereza witwa Royal National Institute of Blind People.
Dr Julia Tysoe yavuze ko iri siganwa rizaba “rifite igihembo gikomeye mu mutima.”
Tysoe,uyobora Harrison mu kwiruka, yavuze ko ari “icyubahiro n’ibyishimo” kwitabira iri siganwa.
Yagize ati: “Bizaba bifite agaciro gakomeye cyane, narishimye cyane ubwo yabinsabaga .Ntekereza ko imbogamizi ikomeye muri iyi London Marathon izaba ari ugukomeza kwibanda ku rugendo rwose.Twamaze kwirukana hamwe amasiganwa abiri ya half marathon.Ndizera ko twamaze kumenyera intera ndetse n’imbaraga zo kuyirangiza zihari.”