Guverineri wa Kivu y’Epfo arasabirwa kwirukanwa ashinjwa kunyereza imari

Ahavuye isanamu, Gouvernorat Sud Kivu
Abadepite mu nteko ishingamategeko y’intara ya Kivu y’Epfo ya DR Congo batanze ubusabe bwo gukuraho icyizere no kuvana ku butegetsi Jean Jacques Purusi ukuri iyi ntara bamushinja kuba adashoboye gutegeka, kunyereza umutungo wa leta, no guha ishingiro umutwe wa M23, nk’uko bivugwa n’ibinyamakuru muri Congo.
Intara ya Kivu y’Epfo imaze umwaka urenga irimo intambara hagati y’ingabo za leta n’umutwe wa AFC/M23 ugenzura ibige cy’iyi ntara n’umujyi wa Bukavu wahoze ari umurwa mukuru w’iyi ntara. Ubutegetsi bwa leta muri iyi ntara bwimukiye mu mujyi wa Uvira.
Purusi ntacyo aravuga ku birego ashinjwa n’abo badepite bifuza ko akurwaho icyizere. BBC yamusabye kugira icyo abivugaho. Mbere yumvikanye kenshi yamagana umutwe wa M23.
Ibinyamakuru muri Congo bivuga ko inyandiko isaba ko Purusi akurwaho icyizere yashyizweho umukono n’abadepite 19 bakuriwe na Jean Kalume Bahige uhagarariye teritwari ya Mwenga.
Intara akuriye igice kinini cyacyo kiracyagenzurwa n’ubutegetsi bwa leta mu gihe ibice bya teritwari za Kalehe, Kabare, ikirwa cya Idjwi n'ibice bya Walungu bigenzurwa n'inyeshyamba za M23.
Ibice bya teritwari ya Fizi nka Minembwe na Mikenke mu mezi ashize byakomeje kuba isibaniro ry’imirwano n’ibitero by’indege za ‘drones’ mu gihe ingabo za leta zishaka kwisubiza agace ka Minembwe kagenzurwa n’abarwanyi ba Twirwaneho bakorana na M23.
Izindi nkuru wasoma:


