IKIBIRIRAHO, Minisitiri w'ingabo w'Amerika yasabye umugaba mukuru w'ingabo kwegura

Jenerali Randy George yashyizwe kuri uwo mwanya mu 2023 n’uwari Perezida w’Amerika icyo gihe, Joe Biden.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana na Gisèle Berwa

  1. 'Jya uha ibintu uburemere bwabyo... jya uceceka ntukavuge buri munsi' – Macron anenga uko Trump yitwara ku ntambara yo muri Iran

    Perezida w'Ubufaransa Emmanuel Macron mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo yari muri Koreya y'Epfo

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Perezida w'Ubufaransa Emmanuel Macron mu kiganiro n'abanyamakuru

    Intambara yo muri Iran isaba uburyo “buha ibintu uburemere bwabyo” budahinduka buri munsi, nk’uko Emmanuel Macron yabitangaje, asa n’aho avuga kuri Perezida w’Amerika Donald Trump, wavuze amagambo asa n’aho avuguruzanya ku bijyanye n’iyo ntambara.

    Perezida w’Ubufaransa yabwiye abanyamakuru ageze muri Koreya y’Epfo mu ruzinduko rwa leta ati: “Ibi si igitaramo. Turavuga ku ntambara n’amahoro ndetse n’ubuzima bw’abagabo n’abagore.”

    Macron yongeyeho ati: “Iyo ushaka guha ibintu uburemere bwabyo, ntuvuga buri munsi ibinyuranye n’ibyo wavuze ejo hashize.”

    Ati: “Kandi wenda ntukwiye kuvuga buri munsi. Ahubwo wagombye kureka ibintu bigatuza.”

    Macron yasubizaga ibibazo ku ntambara y'Amerika-Israel na Irani, ubu iri mu kwezi kwayo kwa kabiri. Ubufaransa n’ibindi bihugu by’i Burayi byashyigikiye bimwe mu bikorwa bya gisirikare (operations) by'Amerika muri ako karere, ariko kugeza ubu byirinze kwinjizwa mu ntambara.

    Trump n’ubutegetsi bwe batangaje ubutumwa butandukanye ku bijyanye n’iyo ntambara, rimwe bakumvikanisha ko agahenge kari hafi kuboneka, ubundi bakumvikanisha ko intambara yamaze gutsindwa cyangwa ko Amerika igiye gukomeza kurwana.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Minisitiri w'ingabo w'Amerika yasabye umugaba mukuru w'ingabo kwegura

    Umugaba mukuru w’ingabo z’Amerika Randy George yambaye impuzankano ya gisirikare yitabiriye igikorwa cyabereye muri White House, ibiro bya perezida w’Amerika.

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Minisitiri w’ingabo w’Amerika Pete Hegseth yasabye umugaba mukuru w’ingabo Jenerali (Gen) Randy George kwegura ku mwanya we, nkuko bitangazwa n’igitangazamakuru CBS News, gikorana na BBC muri Amerika.

    Sean Parnell, umuvugizi mukuru w’ibiro bikuru by’ingabo z’Amerika – byitwa Pentagon – yasohoye itangazo ku mbuga nkoranyambaga avuga ko Gen George “azegura ku mwanya we nk’Umugaba Mukuru w’Ingabo uhereye aka kanya”.

    Ubusanzwe umugaba mukuru w’ingabo amara imyaka ine ku mwanya we. Gen George, umusirikare wabigize umwuga wize mu ishuri rikuru rya gisirikare rya West Point Military Academy, yashyizwe kuri uwo mwanya mu 2023 n’uwari Perezida w'Amerika icyo gihe, Joe Biden.

    Iyi mpinduka nshya ibaye nyuma yuko Perezida w’Amerika Donald Trump avuze mu ijambo yagejeje ku gihugu ko intambara y’Amerika-Israel na Iran yitezwe kurangira “vuba aha cyane”.

    Gen George yarwanye nk’umusirikare mukuru mu ntambara ya mbere yo mu Kigobe cy’Abarabu ndetse no mu ntambara zo mu gihe cya vuba aha gishize zo muri Iraq na Afghanistan. Ntibyahise bisobanuka impamvu yasabwe kwegura.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu muhanga mu buryo bw'aka kanya.