Perezida wa Amerika Donald Trump, yanditse ku rubuga Truth
Social ati: "Khamenei, umwe mu bantu babi cyane mu mateka, yapfuye."
Ku rubuga rwe nkoranyambaga Truth Media, Perezida wa Amerika
Donald Trump
yagize ati: “Ubu si ubutabera bw’abaturage ba Irani gusa,
ahubwo ni ubw’Abanyamerika bose beza.
"Ntabwo yashoboye guhunga intasi zacu, kandi, mu
bufatanye bwa hafi na Israel, nta kintu na kimwe we, cyangwa abandi bategetsi
bishwe bari kumwe na we, bashoboraga gukora."
Yongeyeho ati: “Aya ni yo mahirwe akomeye ku baturage ba
Irani yo kwisubiza igihugu cyabo.”
Mbere yaho Trump, yavuganye na NBC News kuri telefoni - maze
abazwa amakuru avuga ko umukuru wa Irani yishwe mu bitero by'indege bya Amerika
na Israel yagize ati.“Naganiriye n’abantu benshi, ndumva ko ibi ari ukuri.”
Yongeyeho ati: “Abategetsi babo benshi nabo bishwe,”
Yanabwiye NBC News ko ibitero bya Amerika muri Irani
"byamaze kugira icyo bigeraho".
Mu kiganiro kuri telefoni yahaye ABC News, Trump yagize ati:
"Ntabwo tuzi byose, ariko hari byinshi bizwi", yongeyeho kandi ko
Leta Zunze Ubumwe za Amerika "zifite icyerekezo cyiza" ku butegetsi
buzajyaho muri Iran.
Nyuma abajijwe ku wasimbura Ayatollah Ali Khamenei, Trump
yabwiye NBC News ati: “Simbizi, ariko hari igihe bazampamagara bambaze uwo
nifuza.”
Rachel Scott, umunyamakuru mukuru wa politiki wa ABC News,
yavuze ko Donald Trump yamubwiye gusa ko "yizera" ko umutegetsi
mukuru wa Irani yapfuye.
Ubwo yabazwaga niba "abizi neza", Trump yavuze
ati: "Sinshaka kuvuga ikintu na kimwe neza kugeza igihe nzakibona
n'ikibuno cyanjye ariko twemera ko yapfuye."
"Kandi abategetsi babo benshi bishwe. Si mu gace kamwe
gusa ahubwo no mu tundi duce tubiri twagabyeho igitero. Twari dufite amakuru
menshi y'ubutasi, bityo, twizera ko abategetsi benshi bishwe."