Ubumwe bw'Afurika bwanze kandidatire ya Macky Sall ku mwanya w'umukuru wa ONU

Macky Sall akoze ikimenyetso cy'ikiganza cyo gusuhuza. Yambaye ikositimu y'ubururu, karuvati y'ubururu n'ishati y'umweru. Arimo gusohoka mu modoka.

Ahavuye isanamu, AFP

Insiguro y'isanamu, Mu ntangiriro y'uku kwezi Macky Sall yari yamenyesheje ONU ko yifuza kuba umunyamabanga mukuru mushya wayo (ifoto yo mu bubiko)
Igihe co gusoma: iminota 2

Umuryango w'Ubumwe bw'Afurika (AU/UA) wanze gushyigikira kandidatire wa Macky Sall wahoze ari Perezida wa Sénégal ku mwanya w'umunyamabanga mukuru mushya w'Umuryango w'Abibumbye (ONU/UN).

Ibihugu 20 birimo na Sénégal byanze iyo kandidatire ya Sall.

Mbere yaho ku wa gatanu, nyuma y'ibyumweru nta cyo ivuga kuri kandidatire ya Sall, leta ya Sénégal yari yamenyesheje AU ko itigeze na rimwe ishyigikira iyo kandidatire ye kandi ko nta ho ihuriye na gahunda ishyigikiwe na leta y'u Burundi ijyanye n'iyo kandidatire.

Nta cyo Sall yahise atangaza ku mugaragaro kuri icyo cyemezo cya AU.

Mu ntangiriro y'uku kwezi kwa Werurwe (3), binyuze mu ibaruwa yoherejwe n'uhagarariye u Burundi muri ONU, Sall yari yamenyesheje inteko rusange ya ONU ko yifuza kuba umunyamabanga mukuru mushya w'uwo muryango.

U Burundi ni bwo buyoboye AU muri uyu mwaka.

Mu butumwa bwo ku wa kane AU yari yoherereje ibihugu binyamuryango 55, yari yabimenyesheje ko mu gihe kandidatire ya Sall itakwanga bitarenze ku wa gatanu ku majwi arenze kimwe cya gatatu cy'ibihugu byemerewe gutora, imbanzirizamushinga y'icyemezo cyo kuyemera yari kuba yemejwe "mu bwumvikane", nkuko amategeko y'imikorere ya AU abiteganya.

Sall, w'imyaka 64, yategetse Sénégal kuva mu 2012 kugeza mu 2024, ubwo yavaga ku butegetsi nyuma y'imvururu ziciwemo abantu zatewe no gushaka kwiyamamariza manda ya gatatu.

Ubutegetsi bwa Perezida wa Sénégal Bassirou Diomaye Faye bubanye nabi na Sall.

Manda y'umunyamabanga mukuru wa ONU António Guterres irarangira mu mpera y'uyu mwaka.

Abandi bakandida bamaze kumenyesha ko bifuza kumusimbura ni:

  • Michelle Bachelet wahoze ari Perezida wa Chili akaba n'uwahoze ari komiseri mukuru wa ONU ushinzwe uburenganzira bwa muntu; kandidatire ye yatanzwe na Chili, Brésil na Mexique
  • Rafael Grossi, umukuru w'ikigo mpuzamahanga gishinzwe ingufu za nikleyeri; watanzwe na Argentine nk'umukandida
  • Umunya-Costa Rica Rebeca Grynspan, umukuru w'akanama ka ONU k'ubucuruzi n'iterambere.