Imvo n'Imvano: Amasaha mashya y'akazi n'amashure mu Rwanda

Imvo n'Imvano: Amasaha mashya y'akazi n'amashure mu Rwanda

Kuri uyu wa gatandatu itariki ya 21 z’ukwezi  kwa 1 umwaka wa 2023 ,ikiganiro cy’Imvo n’Imvano  kiragaruka  ku cyemezo cya leta y’u Rwanda  cyo guhindura amasaha y'akazi n'amasaha yo gutangiriraho amasomo mu mashuri mu gihugu cyose. 

Ni icyemezo  cyafashwe mu mpera z’umwaka wa 2022 gitangira gushyirwa mu bikorwa  hashize ibyumweru  bisaga 2.

Ubu amasaha y'akazi ni guhera saa tatu kugeza saa kumi n'imwe. Naho amasomo  agatangira  saa mbiri n'igice kugeza saa kumi n'imwe z'umugoroba. Harimo isaha imwe yo kuruhuka. Amasaha y'akazi yagabanutse kuva kuri 45 kugeza kuri 40 mu cyumweru.

 Minisiteri y’uburezi y’u Rwanda ivuga ko  gahunda nshya izafasha kunoza ireme ry’uburezi no guha umwanya ababyeyi kurushaho kwita ku bana babo.Ni mu gihe Ministeri y’abakozi ba leta n’umurimo  nayo ivuga ko uretse ku kwita ku muryango  impinduka mu masaha y’akazi igamije imibereho y’abakozi.

Iki cyemezo se cyakiriwe gute n’abantu batandukanye? Turabaha ijambo.

Ese abakora utuzi twa ngombwa kandi twihutirwa nk’abaganga bo bahagaze bate kuri izi mpinduka?

Ni mu gihe imwe mu miryango iharanira uburenganzira ku murimo yandikiye inzego bireba isaba ko  amategeko asanzwe ahari  yahuzwa n’icyemezo ikavuga ko mu gihe bitarahuzwa bishobora gutera ikibazo  hagati y’abakoresha n’abakozi -turumva icyo babivugaho.

Ikiganiro mwagiteguriwe kandi murakigezwaho na Yves Bucyana.